Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu Amavubi bakiranywe urugiro mu Karere ka Gisagara aho bagiye mu myiteguro ya nyuma yo kwitegura Mozambique.
Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu Amavubi bamaze icyumweru mu mwihererero i Kigali aho biteguraga umukino uzabahuza na Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika.
Umwiherero watangiye witabiriwe n’abakinnyi batandukanye cyane cyane abakina imbere mu gihugu , nyuma abakina hanze y’igihugu nabo bagenda bahagera.
Abaturage ba Gisagara bari bategereje abakinnyi b’ikipe y’Igihugu
Kuri uyu munsi wo kuwa Kane , nibwo abakinnyi 26 bahagarutse mu mujyi wa Kigali berekeza mu Karere ka Gisagara aho bagiye kuba bitegurira kugeza ku Cyumweru bacakiranye na Mozambique, ( iribugere mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane).
Ubwo Hakim Sahabo yiteguraga kwerekeza i Gisagara
Amavubi azacakirana na Mozambique ku Cyumweru mu mukino uzabera kuri sitade Mpuzamahanga ya Huye, mu mukino w’umunsi wa 5 mu itsinda L.
Imodoka yaritwaye abakinnyi b’ikipe y’Igihugu.
Rwatubyaye Abdul yakirizwa indabo.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu Carlos Ferrer avuza ingoma.
Mukunzi Yannick ava mu modoka